Ubushize duherukana….Mutoni amennye inzoga kuri Aisha maze baratongana ariko Shema yagerageje kubakiza biranga ariko ahitamo guhita yishyura izo banyweye ahita asohokana Aisha birukanka.

REKA DUKOMEZE NA Episode 6
……Shema yari yararanye na Aisha nuko mugitondo mbere y’uko Aisha asubira mukazi abwira Shema ati:”Shema ni byiza kuba twamenyanye neza kandi sinabura kugushimira kuko mubahungu bose nabonye ni wowe wenyine washoboye kunyitaho no kundwanirira mbese ubanza ufite icyo utandukaniyeho n’abandi!” Shema aramusubiza ati:”iyo nakunze mba nakunze kandi nshyiramo agatege niyompamvu nk’uko nari nagusezeranyije nagombaga kugushimisha!”
Ubwo Aisha yahise abwira Shema ati:”Shema wanyemerera nkakubaza ikibazo mbere y’uko ngenda?” Shema aramusubiza ati:”ntampamvu n’imwe yatuma nshira inzitiro hagati yanjye nawe kandi nzi neza ko uri igisubizo cy’ibibazo byanjye!” Aisha yahise amubaza ati:” koko ibibintu wakoze usanzwe ubikora cyangwa hari impamvu yihariye yatumye ubikora?” Shema asa n’useka yahise amusubiza ati:”ntabwo wibeshye!”
Akomeza agira ati:”nari mfite impamvu kandi impamvu ntayindi ni uko inshuro zose nagiye nywera mukabari kanyu nagiye mfata umwanya wo kukwitaho bituma numva ngomba kugirana isano nawe kandi ndahamyako twamaze kuyirema!” ariko akivuga atyo Aisha aramusubiza ati:”njyewe ndabona wari ukwiye kugarukira aho ugejeje kuko umusore mwiza kandi witonda nkawe biriya si ibintu byawe!”
Ariko Shema aramusubiza ati:”ndabyumva nyine ungiriye impuhwe ariko sinshobora kubihagarika kuko nibyo byishimo byanjye!” Aisha yakomeje kumuhatiriza amubwira ati:”Shema,ndumva nagukunze kandi umuntu wakunze uba ugomba kumurinda niyompamvu rero nagusaba guhagarikira aho ugejeje!” ariko Shema aramusubiza ati:”nonese niba n’abandi bafata abagabo neza nk’uko wabigenje ni iyihe mpamvu ituma nabireka?”
Aisha yakomeje kumusubiza agira ati:”wari uziko muri bariya bakobwa abagabo bakura mukabari ndetse no kumuhanda harimo n’abasazi!” akomeza agira ati:”Shema nukuri nkugiriye impuhwe kandi ndakwinginze garukira aho!” ariko Shema aramusubiza ati:”njyewe iyo natangiye igikorwa sinjya nkireka kitarangiye kandi niba wumva wanyanze kuko ntabigukoreye uko wabyifuzaga ubwo urambwira aho bipfira nikosore ariko sinzabihagarika!”
Aisha yakomeje kumusobanurira agira ati:”muby’ukuri wahuye nanjye ntiwagira icyo uba,ariko hari igihe ushobora kuzajyana umuntu iwawe akakwiba ndetse agasiga akugiriye nabi kandi wowe nabonye uri umuntu mwiza,ubwo rero ndabona wari ukwiriye kwihana ndetse ukaba wanishakira umugore kuko binobintu ntakiza cyabyo!” Shema ahita amusubiza ati:”ariko njyewe sinteze kubihagarika kandi icyo nshaka ntarakigeraho!”
Uwomunsi Junior ntabwo yari yakoze nuko ari murugo aba aganira na Joshua nuko baganira Junior abwira Joshua ati:”ariko njyewe nan’ubu ntabwo nari niyumvisha ukuntu warekuye uriya mukobwa wanyibye warangiza ukanyumvishako aribwo buryo bwo kubona Mutoni!” ariko Joshua aramusubiza ati:”njyewe nemerako kumurekura bizatuma tubona Mutoni cyangwa tukagaruza ibintu byacu byibwe!”]
Junior yahise aseka cyane ahita abwira Joshua ati:”arikose mwana usigaye unywa itabi koko?” akomeza agira ati:[“ubwa mbere urambwira ut:”tuzagaruza ibyacu byibwe!” ubwa kabiri uti:”tuzabona ibintu byacu byibwe” nonese urumva ibyobintu bishobora guhura koko?” ariko Joshua aramusubiza ati:”Junior,ntushobora kumvako uriya mukobwa wazanye hano akatwiba afite aho ahurira ha bugufi na Mutoni!”
Akomeza agira ati:”Ahubwo nibagiwe kukubwirako uriyamukobwa twaraye dusangiriye mukabari!” akomeza agira ati:”gusa ukurikije uburyo aba yacishije make ntushobora kwiyumvishako ariwe uba wihinduye agashitani mubikorwa bye bya buri munsi!” akivuga atyo Junior aramusubiza ati:”cyangwa nawe watakayemo mwana!” akomeza agira ati:”ibaze umupolisi mukuru nkawe wakundanye n’umukobwa ukora akazi nka kariya!”
Ariko Joshua aramusubiza ati:”buriya rero Junior iby’urukundo ni birebire ndetse biranasekeje gusa aho rukujyanye nawe ujya aho gusa kubwanjye n’ubwo nasangiye n’uriyamukobwa ntabwo bisobanuyeko namukunze ahubwo icyo ngamije ni ukumenya icyihishe inyuma yo kuba Mutoni yaraje kumusura aho yari afungiye!” akivuga atyo Junior yahise amubaza ati:”nonese wowe yemeyeko muvugana wenyine?”
Kuri uwo mugoroba nanone Shema yasubiye kuri kakabari aho yari yahuriye na Aisha (aho Mutoni akorera) maze aba yifatira agacupa nk’iko bisanzwe nuko abonye amasaha yo gusimburana kukazi ageze afata telephone kugirango ahamagare Aisha namara gusimburwa ahite aza bisangirire ariko yumva numero ye iri gucamo ariko ikabura umuntu uyitaba,Shema yabaye yiturije gake aba yinywera ariko yibwira ati:”buriya araza tuvugane ntakibazo kuko iyinguni nicayemo asanzwe ayizi kandi ni mugitondo namuhaye gahunda!”
Ntibyatinze She atumiza irindi cupa agiye kubona abona umuhungu yari aritumye siwe urizanye ahubwo noneho ryazanywe na Mutoni nuko ararifungura arimutereka imbere maze anamusukira inzoga mukirahure hanuma aramubaza ati:”nonehose urumva ntampamba (take away) uratahana boss?” Shema yabuze icyo avuga akomeza guceceka ariko yitegereza Mutoni ariko aho bigeze aramubwira ati:”ushobora kumbabarira ukaba wicayeho gato?”
Mutoni yaramukundiye aricara nuko Shema aramubwira ati:”Mbabajwe n’uko hari hashize igihe kinini tutabonana,nanakubona ukanyihisha umeze nk’aho udashaka kuuvugana nanjye none n’igihe duhuriye duhuye umbaza iby’amakosa yanjye!” arongera ati:”gusa mbabarira kubyabaye byose ahubwo umbwire amakuru y’iminsi n’urukumbuzi twari dufitanye!”
Mutoni yaramwitegereje aramubwira ati:”Shema koko ni wowe wari ukwiye kumbwira gutyo?” arongera ati:”kuki koko uhangara gukora ibintu nka biriya?” ariko Shema asa n’uwakozwe n’isoni aramubwira ati:”reka nkubwize ukuri…..!” atarakomeza boss w’akabari yaje arakariye Mutoni cyane niko kumubwira ati:”ariko abanyamakosa kuki mudakosa rimwe ngo murekere aho!”
Akomeza agira ati:”Ibyo wibye ubonye bitaguhagije uje no kwiba abakiliya (clients) ?” ariko Mutoni agerageje kumubaza ibijyanye n’ibyo amubwira aramubwira ati:”ceceka aho!” ahita ahamagara abashinzwe umutekano mukabari baramujyana .
—-stay waiting ——–4——–Episode 7——— is coming sooon————
Nyuma y’iminsi Mutoni yihisha aremeye ahuye na Shema
—Ese ko bavuze ngo Mutoni yibye uratekereza ko yibye iki ?
Ese-Uri Shema wabyitwaramo ute?
Ese Mutoni koko yibye ?
N’ahubutaha muri Episode 7
Niba ari ubwa mbere usuye Page yacu :”Inyamibwa arts” ntugende udakoze Like kugirango ubone izindi nkuru zagucitse ukajya uhita unabona izinkuru mbere y’abandi.
Source:Inyamibwa arts
Editor :Simiyoni the Corpse
Sponsor:Inyamibwa arts
Publisher:Inyamibwa arts
Arts:love story (Ni rurerure)
contact as Via call/whatsapp:+250728251834
E-mail:simiyonisimeon@gmail.com
Follow us on twitter :Simiyoni simeon
Yanditswe na NDAYISABA Simeon