
Ubushize duherukana amusubiza Jimmy ati:”uriya ni umupango wanjye!”
REKA DUKOMEZE NA Episode 15
…..Iminsi yakomeje guhita indi irataha nuko umunsi umwe Albert,Sugira binjira munzu bihuse basanga Jimmy aho yari ari kwitegura gusohoka maze Albert aramubwira bati:”Jimmy,abantu hanze bagutegereje ari benshi ngo tugende tujye kuzana uriya mukobwa!” Sugira na we ahita avuga ati:”uziko wagira ngo Jimmy ni we mugeni!”
Atarakomeza Albert ahita avuga ati:”ese ko mbona umukwe yananiwe kurangiza imyiteguro ye,buriya umugeni tugiye kuzana arashobora gusohoka tumutahane!” Jimmy arabasubiza ati:”sha nimureke kumvugiraho kuko kujya kwa sobokwe ugiye kuzana umukobwa wabo ngo umwiharire si ikintu cyo guhubukirwa!” akivuga atyo bamusekera icyarimwe,gusa telephone ya Jimmy ihita isona.
Sugira yahise akoma kuri Jimmy ati:”Jimmy,kanguka witabe telephone yawe!” Jimmy yashigukiye hejuru,ariko akanguka telephone yavuyeho (yacitse) niko kubwira Sugira ati:”iyi telephone irampemukiye kuko inkuye ahantu heza nari nibereye!” ubwo Sugira yahise amubaza ati:”wari wagiye hehe se muvandi?” Jimmy ati:”Sha nari nambariye kujya iwabo wa Joy ngo mutangeho inkwano zimukwiye maze mutunge iwanjye!”
Akivuga atyoya telephone ihita yongera gusona maze Jimmy arebye abona ni Joy umuhamagaye niko kumwitaba agira ati:”waramutseho,karabo kanjye kuje ubwiza bukurura bose kandi bishimira kukureba!” akomeza agira ati:”ariko reka ndeke gutinda muri byinshi nkwibwirire ko naramutse neza kuko uwarose neza burinda bucya kandi nziko nawe ari uko !” Joy na we yaramusubije ati:”Humura rukundo rwanjye mfite kandi gisubizo cy’ibibazo byanjye iyo umeze neza nanjye mba meze neza!”
Joy ahita amubaza ati:”nonese washoboye kubona umuvandimwe twaraye tuburiye mukabari?” ariko Jimmy aramusubiza ati:”batuvuniye ubusa bari bibereye murugo bakoze inkera,mbese ubu baracyari muri hangova (hang-over) !” Joy ahita amubaza ati:”nonese ko nkubajije Sugira ukansubiza umbwira ngo baraye inkera ubwo ugiye kuvugako yatahanye na ……….!” atarakomeza Albert ahita amusubiza ati:”wikwigora niko bimeze!”
Akivuga atyo Parfaite yahise ashikuza telephone Joy aranayizimya niko kumubwira ati:”ngwino tujyane kwa Sugira nkwereke uko mpa umuntu isomo!” ariko Joy aramubaza ati:”ese urashaka guha nde isomo?” arongera aramubwira ati:”Parfaite,reka guhubuka kandi uryame usinzire unaruhuke neza kuko ndumva ibyo urimo utazi ibyo aribyo!” ariko Parfaite aramusubiza ati:”Joy kuki koko ushaka kungambanira bigeze aha?”
Ntibyatinze Jimmy atangira kubwira Sugira ati:”Sugira,noneho ndakeka ko igatama kagushizemo,noneho wambwira niba ibyo naraye mbonye mukabari ariko bimeze cyangwa ari undi Sugira wateranyije abakobwa akigendera!” ariko ataragira icyo avuga Albert ahita amuca mu ijambo niko kuvuga ati:”Ikibazo ni uko barwanyese cyangwa ikibazo ni uko bapfuye Sugira?” ariko bakiri muri ibyo bumva umuntu arakomanze, maze Albert ajya kureba uwo ariwe agaruka yiruka ati:”joy,na Parfaite!” arongera ati:”nimunshakire aho nitsimba!!”
Akivuga ibyo kwitsimba Jimmy aramubwira ati:”kura ububwa ahongaho ugume hano!” arongera ati:”ahubwo bakingurire kuko ndabona ntacyo ugomba kwishinja!” bakiri muri ibyo Sugira yarababwiye ati:”Njyewe na Albert reka tujye kwiryamisha nk’abasinziriye,noneho wowe Jimmy abahe ikaze uraza kudukangura utumenyeshako bahageze wanamenye igitumye batuzindukira!”
Ubwo Albert na Sugira bahise bajya kuryama,maze na Jimmy ajya gukingura maze akimara gusuhuza Joy,Parfaite we yahise yirukira mucyumba avuga ati:”bureka ngire icyo mbanza gukora ibindi ndabigarukaho nyuma!” ubwo Joy na Jimmy bagumye aho bibaza ibyo Parfaite arimo maze Joy abwira Jimmy ati:”nyine wabaye ikimbwira ngo yatahanye na…,ahita anshikuza telephone anambwirako aje hano,ubu rere njyewe sinzi ikijya mbere!”
Jimmy yahise amubwira ati:”njyewe navugaga ko yazanye na Albert,ubwo rero sinzi uwo wowe wambazaga!” Joy yarasetse aramubwira ati:”ubwose ugiye kumbwirako Albert ari hano?” akomeza agira ati:”ubwose nibahura biragenda gute?” ariko Jimmy aramusubiza ati:”ko nabonye Parfaite kumitwe ari mubise,buriya afite ukundi arabigenza!” ariko Joy,aramusubiza ati:”ndakeka agakino amaze iminsi akina Sugira kagiye kurangira!”
Bakiri muri ibyo Albert,yahise asohoka mucyumba araza asuhuza Joy,akimara kwicara,Sugira ahita azana na Parfaite,ariko Parfaite afite isoni n’umujinya niko guhita avuga ati:”mwese mubyumva,ndagira ngo Sugira asobanure uburyo ahangara kunsha inyuma,hamwe n’indaya yo mukabari,yarangiza akanayinteza ikankubita!” ariko akivuga atyo Sugira ahita avuga ati:”njye ndemera ko naguciye inyuma ariko ntandaya naguteje!”
Arongera ati:”nonese wowe ushobora kumbwira umuntu mwai mwasohokanye kugeza n’aho agutererana uri gukubitwa n’umwana w’umukobwa!” akivuga atyo Parfaite ahita avuga ati:”ceceka aho wamuhemu we,iyo ntagira Albert ngo ampamagare kuri telephone ambwire aho uri n’uwo muri kumwe mba narahageze!” akomeza agira ati:”isoni n’ikimwaro ntibyagufashe ugahita ubwira indaya yawe ikiankubita!”
Akivuga atyo Albert ahita avuga ati:”Parfaite,utongera gutuka umwana w’abandi kuko si indaya,ahubwo ni umucunguzi wo gutabara Sugira kandi yagombaga kuguhana kubera amakosa yawe!” akomeza agira ati:”witungurwa n’uko nkuvuyemo kuko si ubwambere mbigukoze kuko nakugoragoje kenshi ngo wihane,ariko wanze guhinduka,ubwo rero ntakindi nagombaga gukora usibye kwereka Sugira ukuri!” Sugira ahita amubwira ati:”Parfaite,nagukunze,uri urukundo rwanjye rukumbi nagiraga,ariko wanze kunkunda njyenyine!”
Sugira akomeza agira ati:”kuko wanze kunkunda njyenyine,nanjye nahisemo kukwiyereka ndikumwe n’undim mukobwa kugirango wumve uko gucibwa inyuma biryana,ndabizi ntakosa rikosorwa n’irindi,ariko wowe nicyo nagombaga kugukorera kuko umutima wawe ntiwigeze unyurwa no kunkunda njyenyine!” akomeza agira ati:”nkwifurije kuzagira ibihe byiza murukundo rundi uzagirana n’abandi batari njyewe gusa ndifuzako wahinduka kandi ukagira umuntu uzagukunda bya nyabyo!”
Akivuga atyo Parfaite ahita avuga ati:”imvano y’amazimwe ni Albert wakomeje kukoshya kandi ngukunda!” ariko Albert aramubwira ati:”nonese ninanjye wakujyanaga mumahoteri yose kuraranamo n’abagabo?” ariko Sugira ahita avuga ati:” Imvano y’amazimwe ni wowe Parfaite utaranyuzwe n’urukundo rw’umuntu umwe ugashaka kwiyongeza!” ubwo Jimmy na we yahise avuga ati:”njyewe ndumva mwarekera aho,gusa nagiraga ngo mbereke umukobwa dukundana kandi tuzarushinga!”
Jimmy ahita afata impeta ayambika Joy maze aramubaza ati:[“would marry me?” (ese twazabana?)] Joy ahita amusubiza ati:”Yes!” ubwo abandi bose bakoma amashyi ariko Parfaite ahita asohoka yiruka kandi arakaye,nuko Albert arababwira ati:”natwe twese uko duteraniye aha tubifurije urugendo ruhire murukundo rwanyu!”
——- ——-The end ———–
Mwarakoze gukomeza kubana natwe kandi turacyari kumwe muzindi nkuru kuko inkuru z’urukundo n’inama kubakundanye ni akagaruka kuri page :”Inyamibwa arts”
=Komeza ukore share uraba uteje imbere ubwanditsi bwacu
=Kora like niba utarayikora ubone izindi nkuru zagufasha zatambutse
=Amamazanya natwe ibikorwa byawe ukoresheje message cyangwa whatsapp +250728251834
=Tanga igitekerezo cyawe uraba uteje imbere ubwanditsi bwacu
Artist:Souvenir Ntamakemwa
Publisher :Inyamibwa arts
Work:IMVANO Y’AMAZIMWE
Episode 15
Contact:Whatsapp:+250728251834
E-mail:simiyonisimeon@gmail.com
Skype:Ntamakemwa simeon