
Ubushize duherukana….Mutoni abwiwe ko yibye maze agerageje kumubaza ibijyanye n’ibyo amubwira aramubwira ati:”ceceka aho!” ahita ahamagara abashinzwe umutekano mukabari baramujyana .
REKA DUKOMEZE NA Episode 7
……Hashize iminsi ibiri Joshua yari yiriwe murugo atakoze nuko agiye kubona abona Shema aje aho yabaga nuko amuha ikaze baba baganira maze mukiganirop cyabo Joshua abwira Shema ati:”bro,ni inde ukuyoboye hano ko hari hashize igihe kinini utanyikoza!” ariko Sheama aramusubiza ati:”erega ntabwo ari ukukwirengagiza ahubwo ni ubuzima!”
Ahita akomeza amubaza ati:”nonenese nan’ubu wamukobwa ntimuramurekura,muracyamushinjako ar we wabibye?” ariko Joshua ahita amusubiza ati:”ahubwo uwakubwirako uriya mukobwa afite aho ahuriye hahafi na Mutoni,usibyeko ntarahasobanukirwa neza!” akivuga atyo Shema asa n’umuseka ahita amubaza ati:”ariko koko nan’ubu uracyashakisha Mutoni muri ziriya nzira?”
Joshua aramusubiza ati:”nonese ko ubona iyo agiye kubonana n’umuntu ahita amwihisha,hari ubundi buryo twakoresha tukamubona?” Shema ahita amusubiza ati:”ibyo byikuvuna Mutoni twarabonanye gusa ikimbabaje ni uko twabonanye tutumvikana nanagerageza kumusobanurira ibyanjye bikarangira nabi kandi naribwiragako naba ngiye kongera kwishima mubuzima bwanjye!”
Joshua yahise amubaza ati:”nonese byagenze bite ko utansobanurira ?” arongera ati:”ubwose wakoresheje ayahe mayeri kuburyo atashoboye kongera kukwihisha?” ubwo Shema yahise atangira kumusobanurira byose n’ibya Aisha ntanakimwe aciye kuruhande hanyuma arangije aramubwira ati:”gusa nyine ubu Mutoni wanjye ari muri gereza akurikiranyweho kwiba telephone n’amafaranga by’uwo mugenzi we Aisha!”
Akivuga atyo Joshua aramubaza ati:”nonese wowe aho ubera injiji wajyaga gucudika n’uwo ngo ni Aisha kandi uzi nezako akorana na Mutoni ugamije iki?” Shema aramusubiza ati:”Njyewe nikundishije kuri Aisha atari uko mushaka ahubwo nagiragango Mutoni afuhe noneho nzagendere kumarangamutima yagize menye niba ikinkunda cyangwa yaranyanze!”
Joshua yakomeje kumutega amatwi hanyuma aramubwira ati:”sinakurenganya wabikoze muburyo bwawe kandi wihanganire ingaruka byakugizeho kuko ntawabigutumye gusa ugerageze ukemure icyo kibazo nk’umuntu w’umugabo!” ariko Shema aramubwira ati:”Joshua,ndakwinginze ca inkonizamba Mutoni wanjye asohoke muri buriya buroko kuko nanjye ubu sinshobora kuryama ngo nsinzire kandi nziko aho ari adashobora gusinzira!”
Akivuga atyo Joshua aramusubiza ati:”ndabyumva nyine urababaye ariko mureke yumve uko nawe wirukanse umuhiga n’aho umuboneye agakomeza kukwihisha!” akomeza agira ati:”kandi naho naba mfite ubushobozi bukomeye ndetse buhambaye ntabwo nsobora gufata umunyabyaha nk’uwo w’umujura ngo murekure ngo ni uko muri inshuti!” ariko Shema akomeza kumwinginga agira ati:”ndakwinginze korera Imana wange Satani ariko mbone Mutoni yaciye ishene kuko nanjye simerewe neza!”
Aisha yari yasuye Mutoni maze aramubwira ati:”Mutoni,sinzi igihishe mumutima wawe gusa nari nje kurebako boss atarakurwanaho ngo usohoke hano!” ariko akivuga atyo Mutoni aramubwira ati:”njyewe ndabona wari udakwiye no kuza hano ngo uje kunsura kuko urabiziko ndengana kandi ni wowe wampemukiye maze ushyira telephone yawe mu isakishe yanjye!” akomeza agira ati:”gusa njye ndibaza impamvu yabiguteye kandi ndibaza icyo bizakumarira mubuzima bwawe!”
Aisha asa n’useka yahise amusubiza ati:”humura boss,ubu agiye kugera hano agufunguze kandi urabizi ko mubyumva kimwe!” akomeza agira ati:”erega ihangane agakunze ababiri karabateranya kandi inzoga wamennyeho ntibyagombaga kurangirira hariya!” ariko Mutoni aramusubiza ati:”Aisha ntabwo byari bikwiyeko umpemukira bigeze aha kandi niba ari inzoga nakumennyeho twari bwiyunge ntabwo byagombaga gufata iyintera!”
Shema akiganira na Joshua bagiye kumva bumva ku irembo imodoka iri guhinda,bidatinze babona ni Junior maze Joshua ahita amubwira ati:”ndabyumva wazanye icyuki ubwo wongeye gutahana imodoka!” Shema akomerezaho agira ati:”gusa nizereko utongeye kuzana umwe ugukorera isuku mumitungo yimukanwa!” bakiri muri ibyo Junior yahise abacira isiri ngo bavuge gake maze arababwira ati:”ni wawundi wagarutse!”
Babaye nk’abatunguwe n’ibyo ababwiye ariko arababawira ati:”ntimugomba gutungurwa n’ibyo mbabwiye kuko aribyo gusa ntunguwe n’uko ambwiyeko aje gusura inshutiye iba hano!” ubwo Joshua yahise ababwira ati:”niba aribyo yakubwiye ntabwo yakubeshye ahubwo mwese nimwigendera kandi mukore ibishoboka aboneko mwagiye niganirire n’undi mwana!” Shema yahise abaza Joshua ati:”ariko hano hari gukinirwa ikinamico bwoko ki?”
Ntibyatinze Mutoni akiri muri gereza yagiye kumva yumva arahamagajwe nuko aza mubiro (office) bya Joshua nuko Joshua amubaza imyirondoro ye, n’icyo akurikiranyweho nuko ibyo birangiye aramubwira ati:”taha kandi usubire mukazi nitugukenera tuzagutumaho!” ariko Mutoni aramubaza ati:”ariko ubundi ko mbona atari ubwambere nkubonye tuziranye hehe?”
Joshua ntakindi yamusubije usibye kumubwira ati:”nonese hari ahandi ukekako tuziranye hatari hano?” akomeza agira ati:”ibukako wari waje gusura umukobwa wari wahafungiwe witwa Juluie!” Mutoni na we aramusubiza ati:”ndabyibutse gusa mumbabarire kuba mbabajije byinshi!” Joshua aramusubiza ati:”ntakibazo ahubwo niba hari n’ibindi bibazo ufite wambaza!” akomeza agira ati:”kandi ari wowe na Julie nihagira ugira ikibazo ajye ampamagara nzajya nihutira kubatabara !” amuha numero ze bwite za telephone
Ubwo Mutoni agisohoka mubiro bya Joshua yahise ahura na Julie maze Julie akimara kumusuhuza aramubaza ati:”ntakintu kihariye Joshua akubwiye kuri njye?” Mutoni asa n’utunguwe abaza Julie ati:”Joshua ni indese kandi ?” Julie aramusubiza ati:”ni uriya mupolisi ukurekuye!” Mutoni aramubwira ati:”njyewe ntabwo nari nziko ariko yitwa!” ahita anamubaza ati:”nonese ko nabonye wagirango muraziranye muziranye gite?”
Julie yatangiye kumubwira ati:”buriya Joshua ni umwana mwiza kandi nkunda uburyo yakiramo abantu….!” Mutoni aramubwira ati:”garukira aho muko..!” akomeza amubwira ati:”nakubajije aho muziranye kuko nabonye ambwirana…!” atarakomeza Joshua ahita ahamagara Julie ati:”garuka hano kuko ndagushaka byihutirwa!”
—-stay waiting ——–4——–Episode 8——— is coming sooon————
Nyuma y’iminsi Mutoni yihisha ararekuwe
Julie ahamagawe na Joshua ngo aramushaka byihutirwa.
_____________Arikose Buriya Aisha yari agamije iki afungisha Mutoni ?
____________Nonese kuki Julie ahamagajwe byihutirwa?
Ese-Uri Mutoni wasubira mukazi ?
N’ahubutaha muri Episode 8
Niba ari ubwa mbere usuye Page yacu :”Inyamibwa arts” ntugende udakoze Like kugirango ubone izindi nkuru zagucitse ukajya uhita unabona izinkuru mbere y’abandi.
Source:Inyamibwa arts (facebook page)
Editor :Simiyoni the Corpse
Sponsor:Inyamibwa arts
Publisher:Inyamibwa arts
Arts:love story (Ni rurerure)
contact as Via call/whatsapp:+250728251834
E-mail:simiyonisimeon@gmail.com
Follow us on twitter :Simiyoni simeon
Yanditswe na NDAYISABA Simeon