
Hari kuri saint-Valentin (sevalante) abantu babiri (umuhungu n’umukobwa) baganira bishimye kandi ubonako buri ese ateze amatwi kandi yishimiye kuba ari kumwe n’undi kuri izo nkombe z’amazi atemba atuje,bakomeje kwitegereza uko ayomazi y’urubogobogo yikoza hirya no hino yikoza kunkombe imbe imwe yikubita kuyindi nuko umuhungu abwira umukobwa ati:”Honey uzi impamvu nagutoranyije mubandi bakobwa nkaba ari wowe nkunda?”
Umukobwa yahise amusubiza ati:”Sha ntabwo mbizi ahubwo ungiriye neza wansubiza!” ariko umuhungu aramusubiza ati:”ntabyo nkubwira kuko nawe utigeze ubimbaza na mbere hose,ubwo rero sinjye ugomba kukwibutsa!” ariko umukobwa akomeza kumuhata ngo abimubwire agira ati:”nonese ko ari wowe gisubizo cy’ibibazo byanjye ni gute wambaza byananira ntumpe igisubizo kandi usanzwe ubwawe uri igisubizo?”
Umuhungu yahise amubwira ati:[“Cherie,muby’ukuri nkubajije ikibazo gikomeye kuburyo nanjye ubwanjye nkibaza nkumva kirandenze ariko reka ngihinire munteruro ngufi nkubwire nti:”nakagombye kukubwirako ari uburanga urusha abandi,ariko naba mbeshye kuko sibwo bwonyine kuko ubarusha n’ubupfura,nakagombye kukubwirako ubarusha kwitonda,ariko naba mbeshye kuko ntakugereranya n’abandi!”]
Akomeza agira ati:”Parfaite,reka nkubwireko icyatumye ngukunda,ari ibikugize byose guhera inyuma ukagera imbere kuko n’ubwo ntahangara kukugereranya n’abandi,ariko nkugereranyije wabahiga bose;iyo niyo mpamvu yatumaga ndara ntasinziriye ndetse nkanivugesha kuko numvaga ntazabona aho nguhera mbere hose,ariko ubu ndatuje kuko ngufite nk’umukunzi!”
Umukobwa (Parfaite) yahise amubwira ati:”Sugira,kuki iteka umbwira amagambo ankora kumutima nk’umva narira?” ariko Sugira aramusubiza ati:”Oh,my heart wihungabana kuko ubaye urijijwe n’uko nakoze neza nakongerera kurira kuburyo amarira yawe yakora umugezi nanjye nkishimira koga mumugezi waciwe n’amarira yawe kuko ndumva ntako byaba bisa!”
Ariko Parfaite aramubwira ati:”Sugira,sha wagiye ureka gukabya ko nakwiyeguriye wese ntacyo nsigaje kandi ngomba kugukunda kuko arizo nshingano zanjye hano ku isi!” akivuga atyo Sugira yikoza hirya amuzanira indabo nziza maze arazimuhereza maze aramubwira ati:”SKuba nguhaye izi ndabo ni uko ngukunda,ariko agaciro kawe ntaho gahuriye n’izi ndabo kuko kubwanjye numvaga naguha ishyamba ry’indabo ariko kuko ntashobora kuryikorera,mbabarira wakire kubera umutima ugukunda!”
Kurundi ruhande umuhungu umwe yari ari gukomanga ahantu hamwe maze aho bigeze arakingurirwa maze ahita asuhuza umukinguriye agira ati:”Salama Jimmy!” maze Jimmy aramusubiza ati:”Eh,Albert iminsi myinshi!” ubwo yahise amuha ikaze (Karibu) maze aricara batangira kuganira maze Albert abaza Jimmy ati:” Sugira se ko ntamubona ari hehe wangu?” Ariko Albert jya ureka kwigiza nkana!”
Akomeza agira ati:”Ubu koko wibagiwe uyumunsi ko ari uw’aabakundana!” ariko Albert aramusubiza ati:”nonese Jimmy urumva ibyo bihurira hehe no kuba Sugira atari hano?” nuko Jimmy aramubwira ati:”ubuse wirengagijeko ubu Sugira ari murukundo na wamukobwa bita Parfaite!”, Albert asa n’utangaye ahita avuga ati:”sha noneho Padiri yakunze!”,akomeza agira ati:”gusa yiboneye umukobwa bameze kimwe!”
Ubwo Jimmy yahise avuga ati:”Gusa njye njya nibaza muri bariya bombi uwabwiye undi ko amukunda mbere!” ariko Albert aramubwira ati:”byange bikunde ni Sugira kuko buri gihe n’aho umukobwa yaba agukunda akomeza kukwiyegereza ariko ukaba ari wowe ubimwibwirira!” nuko Jimmy ahita amubwira ati:”burya rero njyewe ibyo bintu mbyanga ukwanjye kuko mbona ari ihohoterwa n’iryo!”
Akomeza agira ati:”kuki umukobwa yakwimwa uburenganzira bwo kubwira uwo akunda ko amukunda?” nuko Albet aramusubiza ati:”nonese ko iryo ari ahame twaje dusanga kandi ntacyo twarihinduraho urumva twakora iki?” akomeza agira ati:”gusa njye nzabaganiriza kandi nzababaza uwabanje undi kuko mbona bitangaje!”
Bugorobye Parfaite yabwiye Sugira ati:”Sugira,cher waretse tugataha ko kugumana nawe ari byiza,ariko amasaha akaba yanze ko njye nawe tugumana muri akakanya!” ariko Sugira aramusubiza ati:”Parfaite,sinanze ko ugenda,ariko mfite icyifuzo kumutima!” nuko Parfaite aramubwira ati:”nguteze yombi mbwira muri akakanya tutaratandukana kuko ari wowe ngomba gutega amatwi kurusha abandi!” nuko Sugira aramubwira ati:”ko uri mukuru nanjye nkaba ndi mukuru,kandi ko bwije waretse tukirarira hano tukazataha ejo kandi ko n’icyumba cya Hotel nakishyuye?”
Ariko Parfaite ahita amubwira ati:”Sugira mba nkwangiye ayo magambo umbwiye,ariko kuko nziko wikinira ntacyo mvuze;ahubwo haguruka wishyure dutahe!” ariko Sugira akomeza guhatiriza amubwira ati:”Parfaite,wambwiyeko unkunda kandi wifuza kujya unshimisha,ngaho rero muri byinshi kandi byiza wankoreye n’ibyo wifuza kukorera,mbabarira wemere icyo cyonyine!”
=Sugira asabye Parfaite ko bararana
Nonese -Nawe iyo urebye ubona arirwo rukundo ?
-Ko Jimmy na Albert bavuzeko ari padiri ibi bijemo bite ?
Ese buriya Parfaite aremera ?
N’ahubutaha muri Episode ya 2
=Komeza ukore share uraba uteje imbere ubwanditsi bwacu
=Kora like niba utarayikora ubone izindi nkuru zagufasha zatambutse
=Amamazanya natwe ibikorwa byawe ukoresheje message cyangwa whatsapp +250728251834
=Tanga igitekerezo cyawe uraba uteje imbere ubwanditsi bwacu
Artist:Souvenir Ntamakemwa
Publisher :Inyamibwa arts
Work:IMVANO Y’AMAZIMWE
Episode 1
Contact:Whatsapp:+250728251834