
……Igitondo caykurikiyeho Junior yazindutse yitegura ngo ajye kukazi nk’uko bisanzwe kuko hari kuwa mbere maze akiri kwitegura Joshua arasohoka amusanga muri salo niko kumubwira ati:”Junior ndabona uzindukanye coraje (courage) mbese ak’uyumunsi karakubonye!” akomeza agira ati:”ariko waraye utansobanuriye neza!”
Junior ahita amubaza ati:”ngusobanurira ikise kandi bro!” Joshua ahita amusubiza ati:”nonese umpamagara umbwira ibya yanshuti yawe y’umukobwa wazanye hano akaducucura warambeshyaga?” akomeza agira ati:”ariko uziko wadukuye muri gahunda yo gushakisha Mutoni none utangiye kwiraza inyanza!” Junior yahise amusubiza ati:”ese burya ni ibyo wambwiraga !” arongera ati:”ntabwo nakubeshyaga ahubwo nyine nk’umupolisi (policeman) urebe icyo umukorera!”
Joshua aseka niko kumubwira ati:”Junior,uziko ntari nziko uri injiji bigeze aho!” arongera ati:”nonese wowe ubwawe wavuyeyo udatanze ikirego urumva nzabikurikirana gute?” Junior na we niko kumusubiza ati:”nyine nabonye ntakundi nabigenza,maze mugejeje yo mushinjako namuhaye Lifuti (lift) maze akanga kuva mumodoka yanjye bityo nkaba namubashyiriye kugirango bamumbarize impamvu adashaka kuyivamo!”
Joshua yahise amubaza ati:”nonese ahubwo iyo ushaka ibihamya by’uko ariwe watwibye maze ukabona kumujyana?” arongera ati:”ahubwo nyine wabirangije ntakintu na kimwe mbona cyamufungisha,gusa reka ngereyo ndebe ko namubaza neza akabyemera!” ubwo Junior yahise amubwira ati:”mwana gerageza turebe ukuntu twagaruza ibyacu yatwaye naho ibyo by’amategeko uvuga bizaba biza hanyuma!”
Ntibyatinze Joshua agera kuri sitasiyi ya polisi (police station) uwomukobwa yari yajyanjanyweho na Junior maze aramuhamagaza niko kumusanga mubiro yambaye amapingu kumaboko yombi maze atangira kumubaza ibibazo bitandukanye harimo aho atuye ndetse n’icyo akora,akomeza kumubaza uwamufashe n’icyo yamufatiye nuko uwomukobwa na we arabimusobanurira byose nk’uko byagenze ariko akiri muri ibyo undi mupolisi ahita yinjira niko kumubwira ati:”uziko twari twagize ngo uyumukobwa yatorotse!”
Ubwo Joshua na we ahita amubaza ati:”nonese kuki mutamenye uko byagenze nyine?” aundi abura icyo avuga niko kumubwira ati:”nyine impamvu itumye tuza kubareba ni uko hanze hari n’undi mukobwa mugenzi we wari uje kumusura nuko turebye turamubura!” ubwo Joshua yariyumviriye niko kumubwira ati:”mubwire abe yihanganye amutegereze urabonako ataraboneka ndaje mbahuze kandi ni iminota mike!”
Ubwo Joshua yahise abaza uwo mukobwa ati:”harya wambwiyeko witwa nde?” na we aramusubiza ati:” Julie ” Joshua asa n’urakaye niko kumubwira ati:”Julie,urara asambana yangiza umuco nyarwanda kandi yiba,koko nk’iryozina ryapfuye iki ?” arongera ati:”ariko iryo zina ryapfuye iki koko?” Julie na we aramusubiza ati:”nigeze nsambana nawe cyangwa nigeze nkwiba usibyeko narenganye umuntu ambeshyako agiye kumpa lifuti agahita anzana hano!”
Joshua ahita amubwira ati:”Julie,rero reka nkubwire!” arongera ati:”kuvugisha ukuri nicyo kintu cyonyine gishobora kukuvana hano!” akomeza agira ati:”ibuka ejobundi umusore wagukuye i Remera kumuhanda akakujyana iwe ntimurarane maze ukamwiba nijoro!” akivuga atyo Jesie na we aramusubiza ati:”ariko koko abantu bazaba abatekamutwe bigende bigere no kubapolisi koko?”
Akivuga atyo Joshua yabaye nk’urakaye niko kumubwira ati:”ubwo uhangaye kunkorera ikintu gisa gutyo nsohokera mubiro kandi uzataha ari uko mbishatse!” ahita amusubiza aho bafungira abantu noneho agaruka mubiro noneho atumizaho wamuntu uvugako yaje gusura Jesie maze akinjira akubitanye amaso na Joshua ashaka gusubira inyuma ariko umupolisi wari umuri inyuma aramubwira ati:”komeza winjire ntakibazo!”
Uwo mupolisi yahise yigendera maze Joshua aramubaza ati:”bite byawe n’uriya mujura w’umusambanyikazi?” ariko uwomukobwa akomeza kumwitegereza ariko afite ubwoba ndetse ashaka kumuhisha mumaso maze ahobigeze Joshua aramubaza ati:”uwo uje gusura mufitanye iyihesano ?” uwomukobwa uko yakomezaga kwerekana ibimenyetso by’ubwoba no kumera nk’aho afite icyo ashaka guhisha byatumye Joshua akomeza kwibaza aho baba barahuriye kuko yabonaga atari ubwambere.
Joshua akiri kwibaza ibibazo byinshi telephone ye yahise isona maze arebye abona ni Shema umuhamagaye niko gusohoka ngo yitabe maze asiga abwiye uwo mukobwa ati:”ba usigaye hano ndaje!” agisohoka yahise akubitana amaso ya Shema maze aramubaza ati:”nonese usigaye witabisha amaguru!” arongera ati:”nonese ntitujyana gusangira ibya saa sita ko amasaha yageze nkabona utampamagara ngo tugende?”
Ariko akiri muri ibyo Joshua aramubwira ati:”byihorere sha uyumunsi nahuye n’akazi ubanza aka none ari simusiga!” Shema asa n’utebya niko kumubwira ati:”wowese ko nabonye akazi kawe ushaka kugakora ngo uteze abandi ubushomeri!” akomeza agira ati:”ubanza ushaka kukamaraho kose!’ akivuga atyo ahita avuga ati:”nguriya ndamubonye weeee!” akomeza agira ati:”ntumpakanye ni Mutoni!” arongera ati:”nonese kuki abandi bapolisi bari kumwirukaho?”
Joshua yaritegereje ahita abona no wamukobwa yari asize mubiro bye uri kwiruka abandi bapolisi bakamwirukaho niko kubategeka ati:”uwo nimumwihorere ntakibazo twamaze kuvugana!” ariko yabikoze yirindako bamurasa kandi amaze kubona ko ibyo Shema avuga bishobora kuba bifite ishingiro,ubwo Shema yahise amubaza asa n’utangaye ati:”Joshua,mbwira,Mutoni yageze aha gute kandi mwavuganye iki ko uvuze ko mwavuganye?”
Joshua yatinze kugira icyo amusubiza Shema arongera ati:”Mutoni wanjye ko bamwirukansaga yakoze iki?” ariko Joshua aramubwira ati:”reka tuve hano ndaza kukubwira
—-stay waiting ——–4——–Episode 4——— is sooon————
Ehhh Mutoni noneho arabonetse
-Ariko ibya Mutoni yirukankijwe n’iki ?
-Nonese ahuriye hehe n’uriya mukobwa ukekwaho kwiba Junior na Joshua ?
N’ahubutaha muri Episode 4
Niba ari ubwa mbere usuye Page yacu :”Inyamibwa arts” ntugende udakoze Like kugirango ubone izindi nkuru zagucitse.
Ushobora kandi kubona izindi nkuru z’urukundo uciye kuri iyi link :https://www.facebook.com/Inyamibwarts/
Source:Inyamibwa arts
Editor :Simiyoni the Corpse
Sponsor:Inyamibwa arts
Publisher:Inyamibwa arts
Arts:love story (Ni rurerure)
contact as Via call/whatsapp:+250728251834
E-mail:simiyonisimeon@gmail.com
Yanditswe na Ndayisaba Simeon