INKURU NDENDE :Imvano y’amazimwe episode 7

business-business-women-collaborate-1569076
Ubushize duherukana…..Sugira abwiye Jimmy ati:”Jimmy,mureke yinjire kandi niba yumva yazanywe n’amahane ndayamwereka,ariko niba ari amahoro na yo arayahabwa!”

KWAMAMAZA
——————–

Hamagara cyangwa utwandikire kuri whatsapp:+250728251834
Tugukorera
Computer ubwoko bwose
____________________
-Dukuramo Password zibagiranye
-Dusshyiramo Operating system nshya
-Tugukorera CCTV Camera installation &Maintenance

REKA DUKOMEZE NA Episode 6

………Albert yarinjiye maze ahabwa aho kwicara,maze na Sugira ahita aza nuko aricara maze Albert ahita atangira kuvuga agira ati:”Ndatekerezako byakabaye bitangaje kumbona hano,ndetse byakabaye biteye isoni kubona mpangara kurebana mumaso na Sugira!” akomeza agira ati:”Ahari,umuntu ashobora kuvugako nishongoye,ariko siko biri!”

Albert arongera ati:”Bavandimwe,ntewe isoni muri akakanya no kuba ndi kubanza kubiseguraho kandi icyo ngiye kuvugaho mukizi!” ariko atarakomeza Jimmy ahita amubwira ati:”Albert,sinavugango ibyo ugiye kuvuga ntabitekereza,ariko ushobora gusanga ibyo dukeka bitandukanye n’ibyo ugiye kuvuga!”

Albert yakomeje agira ati:”Jimmy,ibyo uvuga birumvikana!” akomeza agira ati:”Ntatinze mumagambo rero;ntakindi nshaka kuvuga,usibye gusaba imbabazi Sugira,ariko nkanaboneraho gusobanura ibyabaye ndetse nkanavuga uko byagenze!” arongera ati:”Sugira,umbabarire kukuba naraguciye inyuma kuko njyewe biriya sinabura kubifata nko kuguca inyuma!”

Akivuga atyo,Sugira ahita avuga ati:”Jimmy,nkurira uyumuntu hano kuko ndumva usibye kunyishongoraho,akomeje kunkomeretsa!” ariko Albert ahita amubwira ati:”Sugira,singombwako Jimmy ansohora hano kuko nakabaye ntaje hano kuko uracyafite umujinya ndetse n’agahinda k’ibyo waraye wiboneye n’amaso yawe!” arongera ati:”Ariko mbona wagakwiye kunyumva kuko ndifuzako ubushuti bwacu bwakomeza kandi twabana neza!”

Sugira yahise amubwira ati:”Ndabyumva nyine ntiwabura kumbwirako ushakako dukomezanya ubushuti kuko urashaka gukomeza kwivugira kumuhigo wanjye!” akomeza agira ati:”Nonese icyatuma utifuzako dukomeza kubana ni iki mugihe ngusohokana ku ikofi yanjye,ukarya ibyo naguze ndetse wamara gusinda izo nakuguriye ukagerekaho kwivugana akanyana kanjye!”

Ariko akivuga atyo Jimmy ahita amubwira ati:”Sugira ntawudahamanya nawe ko ubabaye,ariko gerageza utege amatwi kandi wumve icyo Albert ashaka kuvuga,kabone naho utamubabarira waba ugize neza!” ubwo Sugira yacishije make maze Albert atangira kuvuga agira ati:”Jimmy nawe Albert,mbanje kubashimirako mwemeye kumpa akanya ndetse mukantega amatwi!”

Akomeza agira ati:”Amakosa naraye nkoze arahambaye kuburyo nanjye ubwanjye naraye nkanuye nibaza kubyo nakoze,ariko reka mfate akakanya kugirango mbasabe imbabazi,cyanecyane Sugira kuko nahemutse cyane!” arongera ati:”Sugira unyihanganire nubwo nari nasinze,ibyambayeho byose ndabyibuka neza,ubwo rero ibyo ngiye kuvuga niko kuri kwanjye!”

Albert akomeza agira ati:”hari umuntu wampamagaye kuri telephone,ubwo kuberako hariya hantu twari turi,namwe mubizi hari hari urusaku,nahise mpava njya kwitabira mumodoka kuko nakekagako ariho hari hatuje!” arongera ati:”nkigeramo nagiye kubona mbona Parfaite ansanzemo,ibyo sinabitinzeho,ariko natunguwe no kumva atangiye kunkorakora!”

Ariko akivuga atyo Sugira ntiyatumye asoza kuvuga ahubwo yahise avuga ati:”Sugira,ceceka kandi niba ushaka amahoro ntiwongere kugira ikintu umbwira kibi kubyerekeranye na Parfaite!” ariko Albert aramubwira ati:”Sugira,nziko ibyo nkubwira,bisa n’umusonga mugisebe,bimeze nk’utoneka ndetse n’ugukora mujisho,ariko njyewe nemerako uburyo bwiza bwo kuvura igisebe,ari ukucyoza!”

Ariko Albert akivuga atyo Telephone ya sUgira ihita isona maze yitabye aravuga ati:”Hello !” arongera ati:”Cherie,nagukumbuye ndetse sinzi niba ubu ndiguhumeka neza kuko hashize umwanya munini ntakubona hafi yanjye!” Sugira yakomeje kuvugira kuri Telephone agira ati:”Parfaite,kuba ntari hafi yawe ntacyo byantwara kuko nziko umunsi umwe nzakwegukana,nkagutunga byemewe kandi byuzuye mukunzi!”

Arongera ati:”Parfaite,uzi nezako ntawundi mukobwa nigeze nkunda nkuko ngukunda kandi ntan’uwo nteze gukunda inyuma yawe!” arongera ati:”Parfaite,wambereye inkingi ikomeye cyane kandi wanambereye akabando nishingikirizaho murukundo,bituma mpitamo kukwitura urukundo rutagabanyije ngo nujya ugenda bwije rukumurikire,nuryama rukorose kandi nzagukunda uhari ngukunde utanahari kuko uri urukundo rwanjye rwambere!”

Akivuga atyo Albert yahise amubwira ati:”Sugira kupa iyo telephone nkubwire ikintu ikimwe,ubushuti bwacu nibishaka buhagarare kuko sinashobora gukomeza kubona werekeza mubujyakuzimu bw’inyanja kandi nziko usibye kubamo umuhengeri,yuzuyemo n’ingona!” ubwo Sugira yasezeye Parfaite maze arakupa maze Albert ahita amubwira ati:”uriya ukunda,si umuntu ni impyisi mahuma,si umukunzi ahubwo ni ukumuzi kandi ubaye ufite ubwenge bukora neza wabivamo njyewe Albert ndabivuze ubushuti nibusskaka buhagarare!”

Albert akivuga atyo yahise ahaguruka arigendera,ariko asiga avuze ati:”Njyewe ndabikubwiye kandi niba ubishimye tuzakomeza tube inshuti kandi nubyanga tuzatandukane!”

=Sugira akomeje gutera imitoma Parfaite nk’uko bisanzwe
=Abert amubwije icyo we yise ukuri
-Ese koko nawe urahamanya na Albert ?
==>Ese Parfaite namenya ibyo Albert yamuvuzeho bizacura iki ?

=====>Arikose Sugira azatakaza ubushuti bwe na Albert cyangwa azakomeza kunamba kuri Parfaite ?
?

=====>Nonese uri Sugira,Jimmy cyangwa Joy wabyitwaramo ute ?

N’ahubutaha muri Episode ya 7

=Komeza ukore share uraba uteje imbere ubwanditsi bwacu
=Kora like niba utarayikora ubone izindi nkuru zagufasha zatambutse
=Amamazanya natwe ibikorwa byawe ukoresheje message cyangwa whatsapp +250728251834
=Tanga igitekerezo cyawe uraba uteje imbere ubwanditsi bwacu

Artist:Souvenir Ntamakemwa
Publisher :Inyamibwa arts
Work:IMVANO Y’AMAZIMWE
Episode 6
Contact:Whatsapp:+250728251834
E-mail:simiyonisimeon@gmail.com
Skype:Ntamakemwa simeon

Leave a comment