Episode 9

Ubushize duherukana…..Albert na we yinjira mucyumba maze atangira kwivugisha agira ati:”nizereko byatunganye,kandi naho byaba bitemeye neza ntakibazo,ariko Reka mbanze mpamagare!”
REKA DUKOMEZE NA Episode 9
……..Igitondo cyakurikiyeho,Joy yabyutse akerereweho gato maze asanga Parfaite aho yarebaga Film muri Salo maze baba baganira nuko Joy abwira Parfaite ati naraye nje kubyuka nkererewe kuburyo n’ibyo wambwiraga ntabyumvaga neza!” ariko Parfaite ahita amusubiza ati:”ahubwose wavuzeko wari wibereye mukinya!” akomeza agira ati:”wishaka kumbwshyako ari umunaniro wari ufite kuko naho wowe waba waraye mukabyiniro ntibyakubuza gukora kumunsi ukurikiyeho!”
Parfaite yakomeje amubwira ati:”Ahubwo nabonye wari warangiye,mbese ndakeka wowe na Jimmy mwagize ibihe byiza!” ubwo Joy na we yaramusubije ati:”Urabizi ko njyewe na Jimmy duhuzwa no kuryoshya ntakindi kibyihishe inyuma nawe wabyivugiye,ubwo rero iyo twahuye umuntu aba agomba kwirekura,mbese tukamaramo ibirarane!” Parfaite yahise amubwira ati:”ndatekereza mwamazemo nk’iby’ukwezi kose,mbese muzajya gusubira nyuma y’igihe kirekire kuko uko waraye utashye umeze byari hatari!”
Joy asa n’useka yahise abwira Parfaite ati:”ngaho rero mbwira ukuntu iminsi mirongo ine yakuzuriyeho maze ugaseba!” Parfaite na we ati:”sha wabyihoreye ibintu Albert yaraye ankoreye!” akomeza agira ati:”nyine yamaze kumpa inzoga abonye zitangiye kungeramo,ansaba kujyana na we muburiri,ariko ambwirako ngomba kubanza kujya gukaraba,ubwo sha navuye yo nibwo nibwiraga ko ngiye gutangira kwiryohereza nawe maze bimviramo guseba!”
Atarakomeza Joy ahita amubwira ati:”ubwose ugiye kumbwirako na we yakubereye umupadiri?” ariko Parfaite aramusubiza ati:”waretse ko Albert nk’uko Sugira yabivuze ari umugambanyi!” ariko Joy ahita amubaza ati:”nonese ugiye kumwihakana kandi warambwiraga ko kuri gahunda umwemera?” Ariko Parfaite armubwira ati:”Joy winkina kumubyimba kuko n’ubwo naraye mbikoze,nabikoreshejwe n’isoni,naho ubundi nabuze uko nifata!”
Parfaite yakomeje agira ati:”nyine n’agatama kari kangezemo,navuye muri dushe (douce/shower) numva nyine njye na Albert gahunda ari gahunda,mpita njugunya hirya swime (essuin-main) ntangira kwivugisha ngo siripurize (surprise) !” atarakomeza Joy ahita amubwira ati:”ubwo nyine wahise ubona siripurize nk’uko wabyifuzaga kandi ntumpakanire n’ubwo nijoro agatama kari kanyishe wambwiyeko mwagiranye ibihe byiza!”
Parfaite yakomeje amubwira ati:[“nyine nagiye kubona mbona nkubitanye amaso na Sugira,mbura aho nkwirwa,gusa nyine nihagararaho ndakomeza ngenda musanga,maze ngamwegera ndamubwira nti:”Sugira,hashize igihe kinini,unyifuzi kandi nkabibona,ndetse hashize igihe kinini nkwicisha agahinda,ariko umunsi wari utegerejwe n’uyu kugirango njye nawe twishimane kandi dukomeze kureka kwifuzanya kandi turi kumwe!”]
Akivuga atyo Joy ahita amubaza ati:”ubwose Sugira yabyitwayemo ate?” Parfaite aramusubiza ati:”nyine kuko nari nasebye naje ndamwegera,mbese urebye ninjye wamubanje,ariko ntakundi nagombaga kubigenza kuko Albert yangambaniye kandi nari mwizeye!” akivuga atyo Joy aramubaza ati:”ariko wowe wabonaga Albert azakomeza kwihanganira kubona uca inyuma inshuti ye!” akomeza agira ati:”njyewe nkekako ahubwo n’ubushuti yabugushatseho agirango agutamaze Sugira amenye ibyo ukora!”
Parfaite aramusubiza ati:”Simbizi,gusa nyuma y’igikorwa cy’urukundo nabonaga Sugira yishimye cyane kuburyo ntapfa guhamyako yakwiyumvishako namuca inyuma!” ariko Joy aramubwira ati:”nujya umara kwinjira ujye witegura no gusohoka!” akomeza agira ati:”ubwo ibyo witaga amabanga yawe na Albert byatangiye kujya ahabona uteganyeko Sugira ashobora no kuvumbura ibindi!” ariko Parfaite aramusubiza ati:”nyine Sugira nagerageje kumwumvishako aribyo nari napanze na Albert kuko numvaga kubikorera iwe bitakunda kubera Jimmy!”
Hagati aho Jimmy na Sugira baraganiraga maze na Albert ahita ahagera maze bakiganira Jimmy asa n’utebya ahita avuga ati:”hariho abantu Imana izahana yihanukiriye!” akomeza agira ati:”nk’umuntu uhangara gufata umupadiri w’Imana akamutesha inshingano,akagerekaho kumutiza inzu yo kuriramo umwna,azahanwa bikomeye cyane!” maze Albert ahita avuga ati:”birenge ni wowe ubwirwa!”
Jimmy yakomeje agira ati:”ariko,tuve muby’urwenya mumbwire uburyo mwapanze maze Sugira akarya umwana atiriwe avunikira…!” atarakomeza Sugiara ahita ababwira ati:”ndumva ibyiza ari uko icyo kiganiro twakihorera!” ariko Jimmy aramubwira ati:”Sugira,ndumva aka atariko kanya ko guceceka ngo twirengagize ingingo nk’iyo kuko kuyirengagiza ndumva byafatwa nk’ububwa kuruta uko byaba ubugabo!” akomeza agira ati:”twagakwiye guha agaciro umwanya Albert yafashe akaza hano kandi uziko yari yarahacitse!”
Ubwo Albert yahise avuga ati:”naje nitumiye nyuma y’igihe kirekire,ntahagera,gusa icyatumye mpacika ninacyo kingaruye kugirango noneho mpacike burundu cyangwa njye mpagaruka byose biraterwa namwe!” yakomeje agira ati:”muby’ukuri njyewe nzi byinshi kuri uriya mukobwa,ariko nari narabuze uko mbivuga kubera kubura ibimenyetso,gusa kuri ubu bimwe muribyo byagaragaye kandi sinjye ufata umwanzuro!” akivuga atyo Sugira aramubaza ati:”watubwira ibindibintu umuziho kandi ukerekana ibimenyetso?2
Albert yakomeje amubwira ati:”nonese ukekako njyewe nari nanze kwiryohereza na we,cyangwa ukekako nari nishimiye guhindura inzu nkodesha icumbi ryanyu,ariko nemeye kubabara no gukora ibyo ntishimiye kugirango nkwereke ukuri kandi niba utareba isi izakwigishe!” Ubwo na Jimmy yahise akomeza kubwira Sugira ati:”Sugira,tekereza kubyo Albert yakoze kugirango umenye ukuri,kandi uzirikane ko yari kujya aguca inyuma kandi mugakomeza kuba inshuti,ariko siko bimeze!”
Ubwo Sugira yahise avuga ati:”ibyo muvuga byose ndabyumva kandi namwe mubusanzwe ntabwo muri abantu babi,gusa icyo nkomeje kwibazaho ni….!” atarakomeza telephone ihita isona arebye asanga ni Parfaite umuhamagaye maze asohokaho gato kugirango ayitabe.
=====>Ahhhhhha ubanza ibya Parfaite bigiye ahabona,
==Igitangaje Parfaite aremezako Sugira atazapfa kumuvumbura
=Jimmy na Albert bitabiriye kugira inama Sugira
==============>Arikose kuki Sugira aremera inama bamuha ?
——–NoneseParfaite yaba agiye kubwira iki Sugira?
N’ahubutaha muri Episode ya 10
=Komeza ukore share uraba uteje imbere ubwanditsi bwacu
=Kora like niba utarayikora ubone izindi nkuru zagufasha zatambutse
=Amamazanya natwe ibikorwa byawe ukoresheje message cyangwa whatsapp +250728251834
=Tanga igitekerezo cyawe uraba uteje imbere ubwanditsi bwacu
Artist:Souvenir Ntamakemwa
Publisher :Inyamibwa arts
Work:IMVANO Y’AMAZIMWE
Episode 9
Contact:Whatsapp:+250728251834
E-mail:simiyonisimeon@gmail.com
Skype:Ntamakemwa simeon