
………………Ubushize duherukana….Junior abajije Joshua ati:”nonese ibyacu twibwe tuzabibona gute?” ariko Joshua ati:”umenyeko uyumunsi ndakora na nijoro!”maze ahita akupa telephone.
…….Joshua akimara kuerekura Julie yahise yikingirana mubiro bye (office) maze yambura imyenda y’akazi niko kwambara imyenda ye isanzwe maze atangira kumukurikira intambwe kuyindi ari nako amwihisha,bidatinze Julie agera murugo aho yatahaga maze yinjiramo ariko Joshua ntiyinjiramo ahubwo akomeza gutegerereza hanze gato ariko bidatinze Julie arasohoka.
N’ubundi Julie agisohoka Joshua yamwikinze kuyindi nzu maze Julie atangira gutembera nk’uko yari asanzwe abikora ariko ataziko Joshua yamukurikiye nuko ageze ahantu kukabari arinjira na Joshua yinjiramo ariko yirindako bahuza amaso maze Joshua aba yisabiye inzoga nuko nka nyuma y’iminota mirongo ine Joshua agenda buhoro yicara iruhande rwa Julie niko kumubaza ati:”ese nshobora kwicara iruhande rwawe tukaba twiganirira?”
Ntibyatinze wamukobwa wari wapanze na Shema yamaze gusimburwa kukazi niko kuza baricarana maze Shema amubaza icyo afata nuko aramutumiriza batangira kwinywera banaganira maze uwomukobwa abaza Shema ati:”ese ko wasohotse wenyine ntugira inshuti?” ariko Shema amuseka aramusubiza ati:”ubwose iyo nzana n’abo wita inshuti zanjye nari kugira amahirwe yo kuba akakanya nicaranye n’umukobwa mwiza nkawe kandi nkaganira na we?”
Ariko uwomukobwa aramusubiza ati:”ariko abagabo bacecetse kuki mumenya kuryarya imitima y’abakobwa n’abagore!” ariko Shema aramusubiza ati:”nonese naba nshecetse nkaba naguhamagaye ngo tuganire cyangwa naba ndi indyarya nkaba nkubwiye ko nakwishimiye!” ariko uwomukobwa aramubwira ati:”gusa umbabarire kuba nakomeje kukwita umugabo sinkuvuge mu izina!” ariko Shema aramubwira ati:”ikosa si iryawa ahubwo ni iryanjye utakwibwiye mbere hose!”
Akomeza amubwira ati:”nitwa amazina menshi bitewe n’abampamagaye ariko izina bwite ryanjye ni Shema,nkaba ishema ry’uwambyaye nkaba ibyishimo by’uwankunze nk’uko ndi igisubizo kuwibaza ikibazo cy’urukundo!” ariko uwomukobwa aramusubiza ati:”ariko umukobwa mukundana yaratomboye kuko ndacyeka utamwicisha irungu kandi niba utari indyarya nk’uko nakomeje kubikubwira ashobora kuba yaraguye ahashashe!”
Ariko Shema asa n’ubabaye aramusubiza ati:”ariko kuki uri guhora unyita indyarya urabiterwa n’iki?” uwomukobwa aramusubiza ati:”ibyo reka tubyihorere ahubwo nanjye nari nibagiwe kukwibwira kandi wowe wanyibwiye!” akomeza agira ati:”nanjye nitwa Aisha !” ariko Shema akomeza kumubwira ati:”nonese Aisha,ko naguhamagaye ngo ube unganiriza kandi umbere ibyishimo muri uyumugoroba ni kuki ukomeje kunyishisha ukanyikangamo umubisha?”
Aisha aramusubiza ati:”ariko si ukukwishisha ahubwo ni amakenga gusa umbabarire niba ibyo nakomeje kukubwira byagukomerekeje nukuri ntabwo aribyo nari ngamije!” Shema asa n’useka aramusubiza ati:”bene ibyo babyita ubugwari ntamugabo wakwitwara muri ubwo buryo gusa nari nagizengo hari umugabo wigeze kuguhemukira bikaba aribyo byaguteye kwitwara gutyo!” akomeza avuga ati:”gusa ndatekerezako uyumugoroba ari uwanjye nawe n’amatara ya Kigali nashaka azime kuko ubu ntwikiriwe n’umucyo w’agatangaza!”
Joshua yakomeje kuganira na Julie ariko aho bigeze Joshua abaza Julie ati:”nonese muko,ko ntakumenye wowe witwa nde?” akomeza avuga ati:”Njyewe nitwa Joshua !” arongera ati:”ko numva nakwikundiye kandi nakwishimiye,wanyemereye byibuze irjoro ukambera umutaka undinda agahinda ko kurara njyenyine ndetse ukambera umusangirangendo uramperekeza murugendo rungeza murugo iwanjye ?” ariko Julie aseka aramusubiza ati:”ariko muzafata abantu mubahindure injiji kugeza ryari?”
Akomeza agira ati:”birashobokako waryibagiwe kuko narikubwiye uri mukazi,aho nakumva ari amahoro ariko wishaka kunjijisha kuko uranzi kandi niwowe wamfunguye!” arongera ati:”nonese wibagiweko nabibye none ugiye kunjyana iwawe cyangwa ukeneye kwihorera?” ariko Joshua ahita amusubiza ati:”ohh,sorry (umbabarire) ntabwo nari nakumenye gusa numvaga ijwi hari aho ndizi!” akomeza agira ati:”uziko uwri kukubona wahindanyijwe na hariya dufungia abantu atamenyako uri mwiza bigeze aha!”
Ariko Julie aramusubiza ati:”sigahose gushaka kunjijisha ngo ubone uko umfatirana mwese ndabazi!” ariko Joshua aramusubiza ati:”ubundi reka nkubwize ukuri ikibyimbye kimeneke!” akomeza agira ati:”nabaye nkikubona uko watambukaga winjira mubiro byanjye numva mbaye nk’ufashwe n’amashanyarazi,ndwara umutwe w’igikatu ntazi aho uturutse bituma nshakisha uburyo nagucikisha kugirango wenda ahari nzajye nkwibonera ugenda hanze kandi nibitaba ibyo Imana izampembere ikiremwa cyayo nakijije!”
Ariko Julie aramusubiza ati:”nuko rero warakoze kundekura kandi wangiriye neza genda utegereze ibihembo Imana izaguha,mbese wishyiremo ko utongeye kumbona!” ariko Joshua aramubwira ati:”buriya kwirengagiza ikintu utazi birashoboka ariko kwirengagiza icyo wabonye,wumvishe ndetse wifuje biravuna niyompamvu ntashobora kwishyiramo ko nongeye kukubona!” Julie aramusubiza ati:”afande….!” arongera ati:”mbabarira,nako Joshua,niba ari iperereza ryakomereje mukabari wanyibeshyeho kuko nanjye nzi ubwenge!”
Ariko Joshua aramusubiza ati:”iyo riba iperereza ntabwo mba nakurekuye kuko nari mfite uburenganzira bwo kukurekera hariya ukazahava mbishatse ariko kuva nakubona umunyururu wahise uboha umutima wanjye niwo wampatiye kukurekura kugirango nzashobore kukubona utari kungoyi y’uburoko!” ariko Julie aramubaza ati:”Joshua,ko bakubwiye byose n’aho bankuye ni iki gituma ukomeza kumpatiriza umbwira ibyo wita amarangamutima yawe ko aribyo biri gutuma ndushaho kukwishisha?”
Shema yakomej kuganira na Aisha banasangira ariko aho bigeze Aisha aramubwira ati:”erega impamvu yatumye nkomeza kukubwira kuriya ni uko nakomezaga kubona warangariye Mutoni!” akivuga atyo Shema asa n’utunguwe ahita amubaza ati:”uvuze ngo iki?” arongera ati:”Mutoni uwose ni inde kandi!” akomeza avuga ati:”nonese naba narangariye uwo wita Mutoni ntanazi nkaba naguhamagaye?” ariko Aisha aramubwira ati:”winjijisha ariko!”
Akomeza agira ati:”ubu ugiye kumbwirako uriya mukobwa uri gutanga inzoga wamuren=bye kangahe kuva twakicara hano?” arongera ati:”ariko niba umushaka umbwire mukuzanire ntakibazo ariko ube uziko boss arabamerera nabi!” ariko Shema aramusubiza ati:”Aisha,wifuha kandi nakwemereye ko uyumugoroba ari uwanjye nawe naho iby’uriya mukobwa umbwira byo ntabyo wowe wabonye!” akomeza agira ati:”uziko nakuvumbuye burya utazi kureba nezxa cyane kandi nari nakwizeye muri byose!”
Ubwo Aisha yahise amubaza ati:”nonese kuki umbwiye gutyo?” Shema aramusubiza ati:”ntiwabonyeko yanshiraga amasiri anyerekako njye nawe tuberanye!” akomeza agira ati:”ahubwo reka muhamagare azane inzoga zanyuma twinywere!” ubwo yaramuhamagaye maze arazizana anazibasukira mubirahure maze agiye kugenda asa n’utsikira kubera inkweto ndende yari yambaye maze akoma ameza zimenaka kuri Aisha maze ararakara niko guhita amucakira aravuga ati:”urambonera iyinshinzi y’umukobwa ngo iramenaho inzoga!”
Ubwo Aisha na Mutoni bahise bacakirana maze Mutoni abwiora Aisha ati:”ubondi kagiye kamara gukora akazi kagataha kakareka kwica umutekano w’abakiliya (clients) n’abasigaye mukazi ka nimugoroba!” Shema yagerageje kubakiza biranga ariko ahitamo guhita yishyura izo banyweye ahita asohokana Aisha birukanka.
—-stay waiting ——–4——–Episode 6——— is coming sooon————
Nyuma y’uko Joshua arekuye Julie atangiye kumuteretera mukabari
—Ese koko yamukunze cyangwa hari ibindi ashaka ?
Shema abonanye neza na Mutoni,ariko bahuriye muntambara
Ese-Uri Shema wabyitwaramo ute?
_Uri Mutoni wakwihanganira kubona umukunzi wo mubwana atwawe n’undi nyuma yo kugutukira mumaso ye ntagire icyo akora?
N’ahubutaha muri Episode 6
Niba ari ubwa mbere usuye Page yacu :”Inyamibwa arts” ntugende udakoze Like kugirango ubone izindi nkuru zagucitse ukajya uhita unabona izinkuru mbere y’abandi.
Ushobora kandi gusoma inkuru n’inama z’urukundo zindi unyuze kuri iyi link :https://www.facebook.com/Inyamibwarts/
Source:Inyamibwa arts
Editor :Simiyoni the Corpse
Sponsor:Inyamibwa arts
Publisher:Inyamibwa arts
Arts:love story (Ni rurerure)
contact as Via call/whatsapp:+250728251834
E-mail:simiyonisimeon@gmail.com
Yanditswe na NDAYISABA Simeon