
Ubushize duherukana Parfaite atangiye guhinda umushyitsi maze aramubwira ati:”Albert wagaruye Sugira mukibazo cyacu ?”
REKA DUKOMEZE NA Episode 13
……Parfaite yakomeje guhangayika ari nako abaza Albert ati:”Albert kuki koko ukomeje kumpemukira unteza abantu?” Akomeza agira ati:”wabonye nshoboye kwivana muri byabibazo wanshyizemo cyagihe none ushimye kongera kunteza Sugira koko!” ariko Albert aramukurura maze aramwiyegamiza niko kumubwira ati:”humura ibyo sinabikora kandi sinabisubira!”
Akomeza agira ati:”nakubwiyeko inshuti yanjye iri hanze kandi biraba byiza ukinzeho maze ukaza tukajyana kuko inshuti yanjye yarahiye ngo atadusohokanye ntirirema!” ariko Parfaite akomeza kumubwira ati:”ariko ko mbona imodoka yonyine inshuti yawe iri hehe?” ariko bageze iruhande rw’imodoka Albert arakingura maze Parfaite arinjira na we arinjira batangira kugenda.
Mumodoka Albert yatangiye guseka Parfaite agira ati:”mbega igikobwa cyiza imbere n’inyuma gikeye ariko cyamunzwe n’ubwoba!” ariko Parfaite aramusubiza ati:”uwakubwirako ubu ndi kwitwararika kuberako nangako Padiri yongera kumbonana nawe kuko uyu ni umwe muminsi ya nyuma nsohokana nawe kuko vuba aha ndaba natashye kwa Sugira!”
Ariko Albert aramusubiza ati:”wishaka kundisha umutima kuko ntazigera nihanganira kubona Sugira agupfusha ubbusa kandi narakuryoherezaga maze nawe ukibagirwa gutaha!” ariko Parfaite aramusubiza ati:”Albert,ibyo byibagirwe nyine niko bigomba kugenda kuko ntashobora kubana nawe !” akomeza agira ati:”ntinya ko wazajya unsha inyuma!”
Kurundi ruhande Joy yari yasohokanye na Jimmy maze Jimmy niko kumubwira ati:”Bwiza bwanjye bubereye indoro bwuje intoki nziza zibereye impeta,ese ujya utekereza njye nawe twabanye ukuntu couple yacu yaba ari iyambere kubera inyuguti ya J,izitangira!” ariko Joy aramusubiza ati:”Jimmy ntabwo ndi umukobwa wagakwiye gutakazaho umwanya umukunda kuko wazahangayika cyane birengeje!”
Akomeza agira ati:”Jimmy,ujya uzirikana ko Joy uvugako ukunda kandi ushaka gushyira mumago,ari indaya yigurisha kandi ariho mwamenyaniye!” ariko Jimmy aramusubiza ati:”Joy,ujya uzirikana ko Jimmy ugusaba ko mwabana ari usore wagiye kugura indaya agahura n’umukobwa utagira uko asa akamutwara umutima akoresheje ubwiza n’ubwitonzi abandi badafite kandi akagira umutimanama wuje ubwenge n’ikinyabupfura abandi bantu badashobora kuzigera babona usibye Jimmy wahiriwe n’urukundo!”
Joy,yahise atangira kurira niko kumusubiza ati:”Jimmy,subiza amerwe mu isaho kuko ibyo uzi atariko bimeze kandi wishakire undi mukobwa ugukwiriye kuko iyo nkurebye nsanga kugura indaya kwawe atari imico mibi ahubwo ufite indi mp[amvu yihishe inyuma udashaka kuvuga!” ariko Jimmy aramusubiza ati:”Joy,nibwiragako gukunda umuntu ukamwimariramo ari ikosa rihambaye ntazigera nkora bituma mpitamo kujya nigurira,ariko nasanze nibeshya kuko nahisemo wowe!”
Jimmy akomeza agira ati:”Joy,wimbeshya ntabwo wicuruza kuko nubwo twagiye turarana kenshi,amafaranga nagiye nguha ntabwo wayajyanaga,ubwo rero nabonye n’aho waba ari wo mwuga wawe ntacyambuza kuwugukuramo nkagukunda uko uri!” Joy yahise akomeza kubwira Jimmy ati:”Jimmy,hashize imyaka itatu ntandukanye n’umuhungu twakundanaga,nari nkundanye na we imyaka itanu ariko yarampemukiye bituma numva ntazigera nongera gukunda!”
Akivuga atyo Jimmy ahita amubwira ati:”wikwita kuwaguhangayikishije ngo wirengagize ko ugomba kurenga ibihe by’umwijima wanyuzemo ngo wongere kubona umucyo utamurura umwijima kandi ntahandi uzigera ubikura usibye murukundo cyane cyane uro wagenewe na Jimmy ukurota amanwa n’ijoro kandi akaba yarakujije umwuga wo kuguhatiriza ngo muve mumakosa yanyu ahubwo mwibanire iteka!”
Joy yaramusubije ati:”Jimm,ibyambayeho byatumye nanga igitsinagabo aho kiva kikagera!” arongera ati:”ubanza mbivuze nabi kuko nawe turarana nturi igitsina gore ahubwo byatumye nanga icyo mwe mwita urukundo mpitamo kujya nishimishanya n’uwo nashimye kuruta kwirundurira murukundo ruzatuma nongera kurira mubuzima bwanjye!” Jimmy yahise amusubiza ati:”humura nguteze amatwi kandi nuramuka unkundiye tukibanira nzakwitura urukundo rutagira umupaka!”
Joy yaramusubije ati:”Jimmy,narababaye bihagije!” akomeza agira ati:”Uwo muhungu twakundanaga twarasohokanye tugeze muri hotel twari twarayemo,natunguwe no gusanga mugitondo nararanye n’undi mugabo kuko nari nasinzirijwe n’ibinini uwo muhungu yari yampaye!” Jimmy ahita amubwira ati:”ubwose iyo uhamagara bakagutabara!” Joy aramusubiza ati:”nyine uwomugabo yahise amfuka umunwa maze anyereka uburyo imipango yose yari amaze igihe ayipanga n’uwo muhungu!”
Ariko Jimmy,aramubwira ati:”Joy,humura munkovu watewe n’iyo njiji itazi icyo umukunzi asobanuye hashibutse umuhungu uzaguhoza amarira yose,kandi nujya wibuka ibyakubabaje muri iyo minsi yose azajya akwiyegamiza agutondorere ibisigo n’ibisingizo kandi muzabana mubyarane abana beza cyane maze mukunde mukundane by’iteka ntan’ubwo uzongera kwibukako wahemukiwe mubuzima!”
Ariko Joy aramusubiza ati:”Jimmy,ko uri umuhungu mwiza w’icyerekezo kuki koko ukomeza kwiruka kumukobwa wamaze kwangirika!” Jimmy aramusubiza ati:”icyerecyezo ndagifite kuko nicyo kimpata kukwirukaho kandi niba ntarukundo unsezeranya ntacyerekezo mbona mubuzima bwanjye kuko intego yanjye ni ukubana nawe!” Joy yahise amubwira ati:”Jimmy,umbabarire kubyo twakoze byose,ariko usobanukirweko ntari indaya,ntan’ubwo nigurisha nk’uko ubikeka ahubwo,nkikubona natangiye…………!”
Atarakomeza Jimmy ahita amukomaho aramubwira ati:”Joy,umva neza!” arongera ati:”ntamuntu wumva asakuza ndetse arira?” bacecetseho gake maze Joy ahita abwira Jimmy ati:”ni we namwiyumviye neza ni Parfaite ahubwo reka tujye kureba!” baragiye bageze hirya gato basanga koko ni Parfaite uri kurwana n’umukobwa muri akokabari uwo mukobwa yamutuye hasi amukubita agira ati:”ko wari wazanye n’uwawe wanshakiraga iki kumugabo umwita uwawe!”
Uwo mukobwa yakomezaga agira ati:”n’undi munsi,ntazongera kumva wibeshya ngo Sugira ni umugabo wawe!” ubwo Jimmy yahise atangira kubakiza afatanyije n’abashinzwe umutekano muri akokabari ariko yibaza niba ari Sugira bose bazi maze ibyo birangiye abaza Parfaite ati:”byagenze bite?”
———————-To be coninued————
==>Jimmy asanze Parfaite akubitwa
====>Joy akomeje gusabwa na Jimmy umubano
=====>Ese uriya mukobwa arapfa iki na Parfaite?
===========>Ese koko barapfa Sugira?
N’ahubutaha muri Episode ya 14
=Komeza ukore share uraba uteje imbere ubwanditsi bwacu
=Kora like niba utarayikora ubone izindi nkuru zagufasha zatambutse
=Amamazanya natwe ibikorwa byawe ukoresheje message cyangwa whatsapp +250728251834
=Tanga igitekerezo cyawe uraba uteje imbere ubwanditsi bwacu
Artist:Souvenir Ntamakemwa
Publisher :Inyamibwa arts
Work:IMVANO Y’AMAZIMWE
Episode 13
Contact:Whatsapp:+250728251834
E-mail:simiyonisimeon@gmail.com
Skype:Ntamakemwa simeon
























